Nubwo aba barozi bacyifashisha ibi bisigazwa by’ibigori, nta kabuza ko mu mezi ari imbere ikibazo cyiza gukomera cyane ibi ibigorigori bishobora gushira mu minsi mike, kuko aba baturage bose aribyo bahanze amaso.
Aho iki kinyamakuru cyageze mu Mirenge ya Rwimiyaga, Karangazi, Matimba na Musheri, usanga amwe mu mavomo yarabuze amazi, amwe mu mariba aho aya matungo yashorwaga yarakamye, andi yabaye ibyondo ndetse arasibama.
Kubera kandi umurongo muremure ugaragara kuri robine zimwe zitarapfa, bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Rwimiyaga bahitamo kujya ku mugezi w’Umuvumba, bagakoresha ibirometero birenga umunani.
Ku bahinzi nabo, imibyare yumiye mu mirima, ibi bikaba aribyo bikomeje gutuma bamwe bahitamo gusuhukira mu bihugu by’abaturanye nka Uganda.
Mu Murenge wa Musheri naho ni mu karere ka Nyagatare, nk’abahatuye mu kagari ka Nyamiyonga usanga bavoma ibyondo. Aya niyo mazi abatunze kuva mu myaka 22 ishize.
Mu mwaka ushize, ikibazo nk’iki cyizuba kandi cyibasiye iyi ntara, ku buryo byageze aho ikiro cy’inka (inyama) kigura amafaranga 300, inka yose ikaba yagurwa amafaranga ibihumbi bitandatu (6).
Aha ho ni Murenge wa Karangazi, amatungo nta kibona ibiyatunga (Ifoto/Habimana J.)Aha ni ku mugezi w’Akagera (Ifoto/Habimana J.)Aha ni Murenge wa Rwimiyaga (Ifoto/Habimana J.)Inka zitunzwe n’ibishogoshogo by’ibishyimbo (Ifoto/Habimana J.)Icyi cyuzi ni icy’umuturage mu Murenge wa Rwimiyaga, abaturage bajya ku kivomaho iyo babonye adahari (Ifoto/Habimana J.)Imibyare yarashize, bamwe batangiye kwerekeza iya Uganda (Ifoto/Habimana J.)Iyi foto iragaragaza idamu aho abaturage buhiraga amautungo, gusa kubera izuba ryinshi harasibamye (Ifoto/Habimana J.)Izi nka ntizikibona ibizitunga, aborozi bazindukira mu mirima gushaka ibigorigori n’ibisigazwa by’ibishyimbo (Ifoto/Habimana J.)Izi nka zitungwa n’ibi bisigazwa by’ibigori, gusa ngo mu minsi iri imbere bizashira (Ifoto/Habimana J.)Ku mugezi w’Akagera, abaturage baba bavoma, inka zinywa amazi, imbwa nazo ziri ku ruhande (Ifoto/Habimana J.)Ku mugezi w’Umuvumba, aho aba baturage bahurira n’amatungo yabo (Ifoto/Habimana J.)Umugezi w’Umuvumba ufite umwanda iyo urebye aho aba baturage bashyikira bajya gushaka amazi (Ifoto/Habimana J.)Kugeza ubu bamwe mu baturage barakinze bigira Uganda (Ifoto/Habimana J.)
Aha ni Murenge wa Musheri, kubona amazi byabaye amateka kuri bo (Ifoto/Habimana.J)Iki kibazo cy’izuba ryinshi cyibasiye Akagari ka Nyamiyonga mu Murenge wa Musheri (Ifoto/Habimana.J)Uyu mwana yaje gushaka amazi mu mugezi w’Umuvumba, ugabanya u Rwanda na Uganda (Ifoto/Habimana .J)Uyu muturage akoresha hafi ibirometero 8 ajya ku mugezi w’Akagera, iyo ageze mu Mujyi wa Rwimiyaga akigurisha amafaranga 300 (Ifoto/ Habimana .J)https://inyenyerinews.info/justice-and-reconciliation/rwanda-izuba-rikomeje-kuyogoza-intara-yiburasirazuba/https://i0.wp.com/inyenyerinews.info/wp-content/uploads/2016/07/izuba.jpg?fit=800%2C450&ssl=1https://i0.wp.com/inyenyerinews.info/wp-content/uploads/2016/07/izuba.jpg?resize=140%2C140&ssl=1Placide KayitareAFRICADEMOCRACY & FREEDOMSHUMAN RIGHTSJUSTICE AND RECONCILIATIONPOLITICSAya matungo yo mu Murenge wa Rwimiyaga, akoresha hafi ibirometero icyenda ngo agere ku mugezi w'Umuvumba (Ifoto/Habimana J.)
Uturere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba dukomeje kwibasirwa n’amapfa yatewe n’izuba rimaze igihe kirekire.
Iyi Ntara ari na yo nini mu Rwanda, izwiho kuba ikigega cy’ubukungu bw’u Rwanda mu...Placide KayitareNobleMararakayitare@gmail.comAdministratorINYENYERI NEWS